Ndimubacu Louis
Nyuma y’uko Inama y’Igihugu Ishinzwe Ibizamini mu Rwanda igaragaje urutonde rw’abanyeshuri bemerewe kujya muri kaminuza za Leta n’amashuri makuru, ndetse no gusaba inguzanyo muri SFAR, Oasis Gazette yifuje kumenya neza inota fatizo umunyeshuri agomba kuba afite ngo abashe kubona impamyabumenyi.
Nk’uko, Rutayisire John, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu Ishinzwe Ibizamini mu Rwanda yabigaragaje, kugira ngo umunyeshuri utarabonye amahirwe yo kujya muri kaminuza za Leta n’amashuri makuru ngo abashe no gusaba inguzanyo muri SFAR abone impamyabushobozi agomba kuba afite nibura amanota 13/55 ku wize amasomo atari ay’imyuga na tekiniki cyangwa nibura amanota 21/55 ku bize imyuga na tekiniki.
Aha Rutayisire John yagize ati “impamvu twafatiye ku inota ritandukanye, ni uko abanyeshuri batiga imyuga baba biga amasomo 3 gusa, naho abiga imyuga bakiga amasomo 6.”
Rutayisire avuga ko gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri bazashingira kuri ayo manota. Ati “mu mwaka washize twazitangaga duhereye ku munyeshuri wabonye 1,5.”
Abanyeshuri boherejwe mu mashuri makuru na za kaminuza za Leta bagera ku 6.237, bazatangira kwiga mu mwaka wa 2012.
Abo banyeshuri kandi bakaba baziga mu mashami agera kuri 31 muri kaminuza zose za Leta n’amashuri makuru.
Naho mu mashami yose yakozwemo ikizamini cya Leta, ishami rya HEG, niryo ryafatiwe ho amanota menshi kuko bafatiye ku munyeshuri wujuje 55 kuri 55.
Share


Comments
Nize MAHTS,PHYSICS and COMPUTER SCIENCE. ibyo nasabagaho ubusobnura ni ibi:
1.ese twebwe inota fatizo ni irihe? kuko nkanjye uko mbona gufata CSM na MPC ukabishyira ku nota rimwe byaba arinko kwirengagiza Physic na Math ntabwo biba byoroshye.
2.niba bishoboka mwatumenyesha gato kubitekerezo mwagendeyeho kugira ngo turusheho kunyurwa.
mbaye mbashimiye.
RSS feed for comments to this post